Ecclesiates

IGITABO CY’UMUBWIRIZA

Urebeye hejuru, kibi cyidafite umumaro. Cyigaragaza ishusho y’ubuzima ko ari ubusa no kwiruka inyuma y’umuyaga. Kenshi cyifashishwa n’abavuga ko nta Mana ibaho, ubundi cyigaragara ishusho nziza y’umugereki w’umunyabwenge bwisi, kuruta uko gishushanya ubwenge bwo kumenya Imana. Ariko imvugo nkizo zibuzemo inshinga “munsi y’ijuru” umwanditsi avugako ibyo umuntu ageraho byose atari Imana ibimuhaye ari ubusa. Ari igihe n’umwete bipfuye ubusa.

Mugihe ibisobanuro atanga yuko mungorane ariho umuntu ayoborwa mukwishimira ubuzima bwe, kuko ubuzima ari impano Imana itanga. Kandi umwanditsi asoza atanga ubutumwa ko buri muntu akwiye kubaha Imana no gukomeza amategeko ye, kuko ariwe uzahana ababi, akagororera abeza. (12:13,14)

Umwanditsi yiyita “umubwiriza” mwene Dawid, Umwami w’Iyerusalem, byagaragaye ko byanditswe na Salomo amaze gusaza, asubiza amaso inyuma mumasomo yakuye mubuzima. Salomo nkumuntu ukomeye, umutunzi, umunyabwenge yari mumwanya wo kuba yo kwiga, kumenya nkuko igitabo cye cyibyifuza.

Nyuma y’ijambo rigufi ry’iriburiro, umubwiriza akomeza avuga ubushakashatsi bwe ku bintu bitandukanye by’ubuzima: Ubumenyi, (1:3-11) ubwenge bw’Imana, ubwenge bw’isi (1:12-18) Ibinezeza (2:1-11) Gukora no gutunga ibintu (2:12-26) Ibitera urupfu (3:1-15) Ubutabera (3:16-4:16) Idini (5:1-7) Ubukungu 5:8-6:12) n’imyifatire myiza (7:1-12:12) iki gitabo uko kingana gihishura ibanga ry’ubuzima, gucika integer, kugubwa nabi, ariko ahamagarira abantu kuba munsi yubutware bw’Imana, kuyiringira no kuyizera biganisha kubwenge no kugira ubuzima bwo kunyurwa.

 

"Ministering to the pastors of Africa"