Book of Romans -K

The Book of Romans

Igitabo cy’Abaroma.

Paulo yanditse ubusobanuro bwagutse bwa theowologia y’abakristo ashaka kwamamaza insobanuro y’ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo cyane cyane imbaraga z’ubwo butumwa kuri twe no kumibanir yacu n’Imana.

Imirongo nyamukuru iboneka mu Baroma 1:16-17 “erega ubutumwa bwiza ntibunkoza isoni; kuko ari imbaraga y’Imana ihesha uwizera wese gukizwa, uhereye ku muyuda ukageza kumugiriki, 17 kuko muri bwo ari na mo gukiranuka kuva ku Mana guhishurirwa, guheshwa no kwizera kugakomezwa na ko, nk’uko byanditswe ngo “ukiranuka azabeshwa ho no kwizera!” Gukiranuka nicyo gitekerezo nyamukuru mu rwandiko rwa Paulo kuba Roma. Iri jambo “gukiranuka” riboneka inshuro 34 nandi magambo ashingiye kuri iryo rikooreshwa cyangwa rivugwa inshuro 64 muri ki kitabo ubwacyo.

Ibice byingenzi mugitabo cy’aba Roma.

Yego ibice yose n’ingenzi ariko Abaroma 3-5 harimo inyigisho yo gukiranuka kubw’ubuntu bitewe no kwizera Kristo bidatewe n’imirimo yamategeko. Ibice 6-8 harimo inyigisho y’ukuntu umuntu yabohorwa ingoyi zibyaha. Atari gusa kuko turi muri Kristo ahubwo kubw’Imbaraga z’Umwuka wera, kandi Abaroma 8:31-39 hatubwira cyane kuby’urukundo rwa Kristo.

Dore incamake y’ibikubiye mugitabo cy’abaroma:

I.                   Iriburiro (1:1-17)

II.                Urubanza rwibyaha: Impamvu yo gukiranuka kubera ibyaha (1:18 – 3:20)

III.             Gukurwaho urubanza: Guhabwa gukiranuka kw’Imana binyuze muri Kristo (3:21- 5:21)

IV.             Kwezwa: kubarwaho gukiranuka (6:1- 8:39)

V.                Gutsindisirizwa: Abayuda n’abagiriki n’imikorere yo gukiranuka kw’Imana  (9:1-11:36)

VI.             Uko gukiranuka gukoreshwa: gushyira mu bikorwa ko gukiranuka (12:1-15:13)

VII.          Ubutumwa bwihariye n’imigisha (15:14-16:27)

 

"Ministering to the pastors of Africa"