The Book of I John – K

Igitabo cya I cya Yohana.

Intumwa Yohana yanditse ubutumwa bwiza buriho n’izina rye, cyane cyane murwandiko rwe rwa mbere, yabivuze muncamake yagutse, asoreza kubya Yesu nukuntu ubwe yahamije iby’ubwiza bwa Yesu, “uwo yahozeho kuva mbere na mbere, uwo twumvise, twabonye n’amaso yacu, twarebye tukanamukozaho intoki zacu,” ibyo bigereranye na Yoh 1:14 “Jambo yahindutse umuntu aba muri twe, natwe tubona ubwiza bwe.

Yohana kandi yarwanije uwuka w’ubuyobw wo kwishyira hejuru mu by’ubwenge. Avuga Yesu ko yabayeho hano mur’iyisi. Nyuma avuga no kumwuka wa anti-kristo (2:18-27) n’ahandi mu mirongo yagiye akurikizaho. Kandi yashakaga no kubwira abizera ko badakwiye gushidikanya agakiza kabo, abafasha kumenya ko bakijijwe (5:11-13)

Ijambo nyamukuru ryaba ari ubusabane n’Imana, ariyo avuga ayita umucyo, urukundo, n’ubuzima. N’umuco wo gukundana ukwiye kuranga abizera mumibanire yabo n’abandi nayo ningenzi mur’iki gitabo.

Dore incamake y’iki gitabo.

I.                   Ijambo ry’ibanze n’intego y’urwandiko (1:1-4)

II.                Ubufatanye nyabwo (1:5-2:2)

III.             Imyifatire irimo ubusabane (2:3-27)

IV.             Uko ubufatanye bukwiye kumera (2:28-5:3)

V.                Ingaruka z’ubufatanye (5:4-21)

"Ministering to the pastors of Africa"