The Book of Ephesians – K

Urwandiko rw’Abefeso:

Iki gitabo cy’Abefeso ntirugaragaramo ikibazo runaka ahubwo, iki gitabo kigaragaza ubwiza bw’Itorero ari ryo mubiri wa Kristo; Kristo umutwe, abizera nabo nk’ingingo, zihawe buri mugisha wose wo mu mwuka muri Kristo. Bigaragara neza ko Paulo yashakaga kwagura ibitekerezo by’abizera kubijyanye nubwinshi bw’ubutunzi buri muri Kristo.

Umushinwa ukomeye ariko ukijijwe witwa Watchman Nee yanditse komanteri kuriki gitabo mu magambo atatu gusa: Ichara, genda, haguruka. Kandi mu befeso harimo interuro ebyiri zamasengesho zikomeye ziboneka mu gice 1:17-23 no 3:16-21.

Igice cya mbere gisobanura cyane agaciro k’umukristo wizera kuruta ahandi hose mu Isezerano rishya. Abefeso 5:21-33 n’igice cyagutse cyivuga kubyo kubaka urugo mu Isezerano rishya. Abefeso 6:10-20 harimo byinshi byigisha urugamba rwo mu mwuka mu Isezerano rishya.

Dore incamake y’iki gitabo.

I.                   Intashyo cyangwa indamukanyo (1:1-2)

II.                Igice cy’imyizerere mur’uru rwandiko, ubutunzi n’umuhamagaro by’Itorero (1:3-3:21)

III.             Ishyirw mubikorwa ry’ibiri mur’uru rwandiko; imigendere n’imyifatire y’Itorero (4:1-6:24)

A.    Kugendera mu bumwe bw’abizera (4:1-16)

B.     Kugendera mu gukiranuka kw’abizera (4:17-5:18)

C.     Uko abizera bakwiye kugendera mu Isi (5:19-6:9)

D.    Uko abizera bifata mubigeragezo (6:10-20)

E.     Indunduro (6:21-24)

 

"Ministering to the pastors of Africa"