The Book of I Kings – K

IGITABO CYAMBERE CY’ABAMI

Urupfu rwa Dawidi, icyubahiro cy’ubutegetsi cya salomo no gucikamo ibice kw’ubwami, nibyo iki gitabo cyibanda ho cyane. N’inkuru irimo byinshi byagezweho, no kwicamo ibice, n’inkuru yakuzurijwe mu gitabo cy’abami ba kabiri. Nk’uko itangira igaragaza ubumwe no gukomera kw’ubwo bwami bwari buyobowe na Dawidi.

Umuhungu we Salomo ayobora Isiraeli mu kwaguka n’iterambere, ariko umwana wa Salomo mu bupfapfa acamo uwami kabiri, aribyo byabaganishije kujyanwaho iminyago n’ayandi mahanga.

Ibice by’ingenzi.

1)      Urupfu rwa Dawidi no guharanira kumusimbura (1:1-2:46) nubwo Dawidi yari yarasezeranije Salomo kumusimbura, habayeho guharana kwa Adoniya ashaka kumusimbura ariko bimuvuramo urupfu.

2)      Salomo asaba ubwenge (3:4-15) Ubwo Imana yarikumuha icyaricyo cyose akeneye Salomo yisabiye ubwenge. Ntakindi yasabye ari ubutunzi cyangwa icyubahiro, Imana imusezeranya kumuha na byabindi byose.

3)      Gutaha urusengero (8:1-66) Nyuma yo gusohoza inzozi za Dawidi Salomo yayoboye abantu mu gikorwa cyo kuramya Imana. Isengesho rye (23-53) niryo sengesho rire rire mu Isezerano rya kera.

4)      Kugwa kwa Salomo (11:1-13) yasezeranye n’abakobwa b’abami baba pagani, azana gusenga ibigirwa mana bituma Salomo acika intege zo kunezeza Imana. Kubera iyo mpamvu icamo ubwami ibice.

5)      Gucikamo ibice kubwami (12:1-33) Umwana wa Salomo yubahaga se, ariko aza kumvira inama mbi. Ubwo amoko yo mu majyaruguru yitandukanyaga, Yerobowamu abayobora mu kuramya ibishushanyo.

6)      Eliya ahangana n’abasenga Baal ku musozi karumeli (18:1-46) Eliya yari yarasengeye guhagarika imvura ari nk’urubanza Imana iciriye aba Isiraeli kubwo kutubaha Imana kwabo, bikoza isoni Baal Imana y’abapagani. Iyi nkuru itwereka uko ukwizera kw’impande zombi aribyo byakemuwe n’igitangaza, ariko ntibyashobora gutanga igisubizo cyo mu mutima kirambye kuruhande rw’abantu b’Imana.

 

"Ministering to the pastors of Africa"