The Book of Galations – K

Abagalatiya

Muri iki gitabo Intumwa Paul ikabukira iby’amategeko, akavugira umudendezo dufite muri Kristo. Hari ho abayuda, abigisha mategeko bo mu itorero ry’Iyerusalemu baje muntara y’igalatiya bakagerageza kumvisha abakristo baho ko bagomba gukurikiza amategeko yo mu Isezerano rya kera. Paulo rero yarabarwaije cyane.

Harimo imirongo myinshi yingenzi; Abagaratiya 2:20 “nabambanywe na Kristo, sijye uriho ahubwo ni Kristo muri jye” ariko igice cya 5 cyaba ari cyo gice gikuru cyerekana uko tuba tumeze iyo turi mubutware bw’umubiri (imirimo ya kamere) kandi cyikagaragaza uko tuba tumeze iyo umwuka wera ariwe uri mubutware (imbuto z’umwuka) hanyuma abagaratiya 5:13 haduhamagarira gukoresha umudendezo dufite muri Kristo nk’amahirwe yo gufashanya murukundo.

Incamake yibigize igitabo cy’Abagaratiya.

I.                   Ibye kugiti cye: Ubutumwa bw’ubuntu. Hashyigikiwe gutsindishirizwa no kwizera (1:1-2:21)

II.                Imyizerere: Ubutumwa bw’ubuntu. Hasobanuwe gutsindishirizwa no kwizera (3:1-4:31)

III.             Gushyira mubikorwa: hashirwa mubikorwa gutsindishirizwa no kwizera (5:1-6:18)

Inzandiko yanditse ari munzu y’imbohe

Urwandiko rw’Abefeso, urw’Abafilipi, urw’Abakolosayi, urwa Filimoni n’urwandiko rwa kabiri yandikiye Timoteo, izi nzandiko zose zitwa inzandiko zo munzu y’imbohe kuko Paulo yari akingiraniwe munzu y’imbohe ubwo yandikaga buri rwandiko.

 

"Ministering to the pastors of Africa"