Haggai

HAGAI

Abahanuzi batatu bo mw’Isezerano rya kera bahanuye mu mwaka wakurikiye, ijyanwa ryo muri Babuloni. Mugihe itsinda rya mbere ryagarukaga rivuye mu buhungiro riyobowe na Zerubaberi, umwuzukuru w’Umwami Yehoyakini bagize itangiriro ryiza ryo kubaka urusengero arirwo Abababiloni basenye mu mwaka wa 587 mbere ya Kristo. Ariko ntibyatinze kubera amahoro no kurwanywa akazi karahagarara. Hashira imyaka ntagikozwe kugeza ubwo Hagai na Zakariya bongeraga gukangurira abantu kongeramo imbaraga. Nyuma mu mwaka wa 516 mbere ya Kristo urusengero ruruzura, ijambo nyamukuru rya Hagai nubwo atari urusengero, yanditse kubintu ukwiye gushyira imbere, aricyo kibazo abantu benshi b’Imana bagira. Abantu biyubakiye amazu yabo meza, ariko inzu y’Imana yabaye umusaka (1 :4) abantu bahisemo nabi ibikwiye kubanza, hagai rero abahatira gufata icyemezo. Igitabo ubwacyo nubutumwa butanu bukurikiranye, buri gice cyiri mumatariki yumwaka wa 520 mbere ya Kristo. 1 :2-15 menya ikibazo cyo gutakaza ibikwiye kujya mbere no gukangurira abantu kongera kubaka urusengero. 2 :1-9 menya ko urusengero rwaburaga ubwiza nk’ubwo murusengero rwa Salomo, ariko rwari kuzagira ubwiza butagereranwa kandi abantu baturutse impande zose. 2 :10-19 menyako byari byanduye, atari ibyera, Yuda kwirengagiza Imana byatumye bandura, ariko Imana yari kuzabaha umugisha kumvira kwabo nu kubeza ikabavugurura. 2 :20-23 nibibwirwa Zerubabeli, wari uwo mu muryango wa Dawidi, akaba numukurambere wa Kristo. Imana yaramutoranije kandi ikamukoresha imigambi yayo.

"Ministering to the pastors of Africa"