About Prophecy

KUREBA MW’ISEZERANO RYA KERA—UBUHANUZI

Nubwo abantu bajya bakira ijambo riturutse ku Mana, bajya barica kuruhande. Kuvuga gutyo gukunda kunenga, ahubwo nukugaragaza kamere y’umuntu ku cyaha, muri urwo rwego, tuba dukeneye umuntu wo kuduhamagarira kugaruka mu busabane n’Imana. Uyu niwo mwanya abahanuzi ba Isirael bari bafite, Imana yari yaratanze uburyo bwo gutamba ibitambo nk’inzira yo kuramya Imana no gukura abantu mukato k’ibyaha.

Ariko hari igihe Isiraeli yasigaranye imigenzo gusa, aho ibyo bitambo byasimbuye ukumvira no kubaha Imana. Icyo gihe abahanuzi bashoboraga kugaragaza ko Imana itabishyigikiye nagato. (Yesaya1:11-16), Yeremiya7:21-26, Hoseya 6:6, Amosi 5:25, Mika6:6-8) Icyo bashaka kuvuga nuko Imana itashakaga imigenzo ahubwo ishaka kumvira no gukiranuka.

Hari ho amagambo atatu asobanura “umuhanuzi” irya mbere rigaragaza ko hari umuntu wahamagawe n’Imana, ikaba yaramuhaye kuyivugira. Ubuhanuzi s’ubutumire bwo gukorana n’Imana, ahubwo n’inshingano yo kuvugira Imana (2Petero 1:21) Ayandi magambo abiri asigaye asemurwa nka “bamenya” bivuga ko Imana ihamagara umuntu ikamuha ubushobozi bwo kureba ibintu muburyo bwo mu mwuka, abandi batabona. Umuhamagaro wo gukora ushobora kuza muburyo butandukanye.

Kubwa Yesaya byari ukubona iyerekwa murusengero (6:1-13) bamwe nka Yeremiya na Yonah, bakiriye umuhamagaro w’Imana. Kuri Hosea umuhamagaro waciye mugushaka- urushako rugaragaza umubano w’Imana na Isirael. Abahanuzi bavuga bati “ijambo ry’Imana ryanjeho” ariko uburyo ryaje biba ari ubwiru. Ukuri nuko ijambo riza ririmo amategeko ya Mose, kandi ubutumwa bw’abahanuzi buba burimo ibisa n’ibyundi biduhamiriza ko, koko ryari ijambo ry’Imana.

Rimwe na rimwe abantu bitiranya “umuhanuzi” nu “umuraguza mutwe”. Ntabwo bias, ahubwo umuhanuzi yari umuntu ufite ubusabane n’Imana bwa hafi, washoboraga gusobanura ibyashize, akagaragaza n’ibiriho, yabaga azi ibihe aho bigana, ayobowe n’umwami udukunda, ukiranuka, Imana ikomeye. Kandi iyo umuhanuzi yavugaga ibizaza,ntiyabaga ashaka kunezeza abantu, ahubwo kwari ukugirango abantu bihane, urugero Yohana umubatiza, umuhanuzi wa nyuma, yahamagaye abantu ngo bihane kuko ubwami bw’Imana buri hafi (Matayo 3:2) uruanza rw’Imana ruzaza rucirwa ababi, no kugororerwa kw’abeza kugomba kudutera umwete wo kumvira Imana.

Intego ni nyinshi zigaragara mu buhanuzi, babonye Imana nk’umutegetsi mu bihe byose, kugeza aho bashushanya ingoma zigihe cyabo nka “ibikoresho” muntoki z’Imana (Yesaya 10:5-15) kubera ubumana bwe, icy’ibanze umuntu akeneye n’ukuba mu bumwe n’Imana. Ubwo bumwe nurufatiro rwa ngombwa ku buzima bwiza, umuryango ukomeye, abahanuzi batangaga ubutumwa burimo, urubanza ndetse n’ibyiringiro, biganisha igihe cya mesiya kizaza. Ariko Yesu yavuze ko amagambo yabahanuzi niwe yavugaga (Luka 24:27) Yohana 5:39) no kubwiriza ubutumwa bwiza (Luka 24:44-48.

"Ministering to the pastors of Africa"