Word on Unity – Kinyarwanda

IJAMBO RYEREKEYE UBUMWE

Mu myaka ibiri ishize ubwo narindi hano mu Rwanda, nigisha abashumba, Umwami yarankanguye ijoro rimwe, inyumvisha buryo ki aringombwa ko ngira icyo mvuga ku bumwe. Ubumwe mvuga ntabwo ari bwa bumwe bwae n’itorero ryawe. Nubumwe bwo mu miryango aho ituye kuko ningombwa. Ariko kandi ningombwa kubaho ubumwe mu muryango mugari wa Kristo mu ntara runaka cyangwa Umujyi.

Reka mbabaze ikibazo: Iyo Imana irebye kwisi iri mwijuru, ikareba umujyi, cyangwa agace runaka, Ibona amatorero angahe? Igisubizo ni ITORERO RIMWE! Hari amakoraniro menshi ariko byukuri ari itorero rimwe, iyo rero abapastoro bo mu Karere runaka bamenye ko bose bari mw’Itorero rimwe ryo Kristo yapfiriye, ngo ribeho Imana itangira guha umugisha uwo murimo.

Bumbura Bibiliya yawe muri Yohana 17, harimo ibintu bike nshaka ko mumenya muriri sengesho rya yesu. Icyambere niryo sengesho rirerire Yesu yasenze muri Bibiliya. Kandi natwe mo mu mwaka wa 2010 twisangamo kuruta muyandi masengesho yose abaho. Bitekerezeho m’urubu buryo; ubwo Yesu yareberaga igihe kizaza mucyo yar’arimo, mw’ijoro rimwe ryanyuma mu murimo we hano ku isi, mbere yo kubabazwa no gupfa kwe kumusaraba, niki utekereza ko yari gusengera? Icyari kuba icy’ingenzi kuriwe niki? Reka tubirebe dusoma. Yohana 17:20-21 “sinsengera aba bonyine.

Ndasengera n’abazanyizezwa n’ijambo ryanjye babwiwe naba, kugirango bose babe umwe, Data nkuko uri muri jye nanjye nkaba muri wowe. Reka nabo babe muri twe kugirango isi yizere ko wantumye”

Dore icyo Yesu avuga: iyo abakurikira Yesu bose batangiye kuba umwe, bagakorera mubumwe, Isi ihita yizera ko Imana yatumye Yesu- muyandi magambo abantu bazizera ubutumwa tubabwira!

Reka mbahe ikindi gice kimwe. Reba Zaburi 133 iyi zaburi yose ivuga ku bumwe: umurongo wa mbere uvuga ko “Dorere erega nibyiza nibyigikundiro ko abavandimwe baturana bahuje” reba umurongo wa gatatu: “kuko aho niho Uwiteka yategekeye umugisha” muri Bibiliya yo mucyogereza cya kera ivuga ko “Imana itegeka umugisha” ubutumwa burimo nubu, aho ubumwe buri, Imana ihategekera umugisha ngo uajye.

Reka mbahe ubuhamya bwanjye kubijyanye n’ubumwe: nkiri mu rusengero rwo mu mujyi wa Calfonia, namenyanye n’abapastori bo muri Modesto muri Califonia. Twasuye buri mushumba wese, wizera Bibiliya, tukajya duhura. Nyuma aba bapasitori batangira kujya basengana rimwe mu cyumweru. Ibitangaza byarabaye. Nkibana nabo batumiye umuvuga butumwa witwa Luis Palau aza kubwiriza, abantu bagera kuri 2000 barihanye. Iteraniro rya mbere ryabaye kucyumweru ni mugoroba.

Byatumye amatorero arangiza gahunda kare kugirango baze kubana natwe. Hari abantu bageze kuri 13.000, niryo teraniro rinini rya mbere mu mateka ya Modesto. Nyuma y’imyaka runaka Itorero rimwe ryagize igeterane cy’ivugabutumwa, cyarimo imikino ya teatire yavugaga kuri Yesu. Amatorero menshi yabigizemo uruhare, abakristo batangiye kuzana inshuti zabo zidakijijwe, abakiriye Kristo bose bari bamaze kugera kuri 53,000. Amatorero menshi yikubye kabiri, yagombye kongera umubare w’amateraniro yabo.

Nahise nimukira muri Oregon, ahantu hitwa Klamth falls. Na none icyo twatangiye gukora kwari uguhuza abashumba mu bumwe. Natangiye iteraniro ry’amasengesho hamwe n’abashumba icumi bavuye mu matorero atandukanye. Bamwe bari abapantekote, abandi bari ababatista, nandi matorero. Twatangiye kujya dusenga rimwe mu kwezi. Nyuma bahita babigira rimwe mu cyumweru.

Twongeraho kujya dusangira rimwe mu kwezi. Itorero ryanjye hamwe nirindi rimwe twitanze gukora igiterane kimwe, andi matorero aza kwifatanya gusa hafi abantu igihumbi barakijijwe. Ndibuka ko nabatije abantu 56 mu byumweru bitandatu mwitorero ryanjye gusa! Mu myaka yakurikiyeho, amatorero yose yo muri uwo mujyi arangiza amateraniro kare ngo ahurire mu kibuga ngo yerekane igikora cy’ubumwe.

Mu mujyi mbwirizamo wa Woodland, muri Califonia, n’ubu abashumba baracyahura rimwe mu kwezi, dusangira ibya ku manywa, tukamenyana! Nizerako Imana izaha umugisha ubwo bumwe bwacu muri uwo mujyi!

Rero icyo mbifuriza nuko mwashyira imbaraga zanyu mu bumwe nizerako mu busanganywe. Niby’igiciro kinshi kubabona hano mur’aya mahigurwa, kandi ndabatongerera hamwe uko muri hano. Kandi ndashaka guha abashumba bo mur’uyu mujyi filime ya Yesu. Rick wallen yise iyi filime ya Yesu ngo nigikoresho cyibwiriza Yesu kuruta ibindi kuisi. Kandi turayibahera ubuntu, turabasengera ngo amatorero yanyu uko akunda Imana kandi yizera Kristo akorere mubumwe, kubw’icyubahiro cy’Imana. Amen amen!

"Ministering to the pastors of Africa"