The Book of II Thessalonians – K

Urwandiko rwa II rwandikiwe Abatesalonika.

Bishoboka ko uru rwandiko rwanditswe mugihe cy’amezi atandatu nyuma y’urwambere. Uru rwandiko rugaragara ko rugizwe nibintu bitatu bisumbyeho kubyo mu rwambere: 1) hari amakur yo kwiyongera kwimibabaro; 2) kwita ku makuru yuko uru rwandiko atari urwa Paulo niyindi myumvire mibi kunyigisho ze cyane kuby’imperuka, 3) gutanga impanuro zuko bakwiye gufata abanebwe badashaka gukora bari mu Itorero (3:6-15)

Harimo byinshi bigaragaza ibizaranga ibihe by’imperuka munzandiko zombie. Ariko igikuru mur’uru rwandiko ni Kristo aza gutwara Itorero rye, mugihe mu rwandiko rwa II igikuru kirimo ni Kristo agarukana n’Itorero rye gucira urubanza isi y’abatizera. Igice cya kabiri nurufunguzo rukosora ibyavuzwe ko Kristo yamaze kugaruka.

Dore incamake y’urwandiko rw’Abatesalonika ba II:

I.                   Intashyo n’ijambo ry’ibanze 1:1-2)

II.                Paulo atanga impanuro n’ihumure kubijyanye n’imibabaro. (1:4-12)

III.             Paulo akosora kandi asobanura ibijyanya no kugaruka kwa Kristo (2:1-17)

IV.             Paulo ategeka kandi atanga umuyoboro kubjyanye n’abanebwe. (3:1-16)

V.                Paulo asoza abasabira umugisha kandi atanga intashyo. (3:16-18)

Inzandiko zandikiwe abashumba b’amatorero.

Izi nzandiko ziheruka ebyiri zandikiwe abantu kugiti cyabo; Timoteo na Tito. Paulo niwe wabareze mu mwuka, ntiyabayoboraga gusa ahubwo yarabigishaga mw’ijambo ry’Imana.

 

"Ministering to the pastors of Africa"