II Corinthians – K

Urwandiko rwa II kub’ikorinto (II Corinthians)

Intumwa Paulo yakoze ingendo eshatu zo kujya gusura abakorinto, kandi ukuri nuko inzandiko yabandikiye zari enye (urwandiko rwa mbere nurwa gatatu zaratakaye) urwo twita urwandiko rwa mbere rwari urwa kabiri, urwa kabiri nirwo rwari kuba urwa kane ariko mu kwandikwa kwazo hari haciyemo nibura umwaka umwe niwo utandukanya izi ebyiri.

Urwandiko rwa kabiri rurihariye rugaragaza imibereho ye bwite kuruta izindi nyandiko ze zose, ibyo n’ukuvuga ko ruvuga muburyo burambuye ubuzima n’imibabaro ye. Igice cya mbere kigaragaza uburyo yitwaraga mubibazo ndetse agakomeza umurimo we n’ubuzima bwe! Harimo interuro nyishi z’amagambo mur’iki gitabo. Paulo arengera umuhamagaro we nk’Intumwa kuruta mu bindi bitabo byose.

Ibice 4-5 harimo amagambo meza avuga ko nubwo uyu mubiri winyuma usaza, uzasimburwa n’umubiri wo mu mwuka uzahoraho iteka ryose. Hari ibivugwaho bizatubaho tumaze gupfa, muriki gice cya 5 cyiduhamagarira kuba b’ambasaderi b’ubwiyunge. 2Abakorinto 5:17 hasobanura impinduka Yesu azazana, umurongo wa 21 niwo murongo w’ubutumwa bwiza. Ibice 8-9 kigwiriye mo inyigisho zo gutanga (kuba igisonga) ahariho hose muri Bibiliya.

Ibikurikiyeho n’incamake y’ibigize icyo gitabo.

I.                   Paulo avugira umuhamagaro we wo kuba Intumwa (1:1-7)

II.                Impuguro ku byo gutanga (kuba igisonga) (8-9)

III.             Paulo avuga kubutware bwe nk’Intumwa.

"Ministering to the pastors of Africa"