The Book of Deuteronomy -K

GUTEGEKWA KWA KABIRI

Mumpera y’imyaka mirongo ine mu butayu bitegura kujya mu Gihugu cy’Ikanani, Mose yavuguruye amategeko ayabasubiriramo ayo Imana yabahereye ku musozi Sinai, abantu bavanye mw’Egiputa bari barapfuye, bityo abana babo bagombaga kubwirwa ayo mategeko y’Imana, bagasubira no mu mubano wabo n’Imana.

Izina ry’iki gitabo  cyaitwa “amategeko ya kabiri” kuko bwari ubwa kabiri amategeko asobanurirwa abana ba Isiraeli. Iki gihe aya mategeko yakoraga ku bisiraeli batuye muri Kanani, ari byo bigiye gutangira. Yesu yigisha yajyaga avuga ibiri mur’iki gitabo cyane kuruta ahandi hose mu Isezerano rya kera.

Igitabo cyo gutegeka kwa kabiri giteguye hakurikijwe uko kera bandikaga amasezerano.

I.                   Ijambo ry’ibanze (1:1-5)

II.                Iby’amateka (1:6-4:49)

III.             Ibisabwa (5:1-26:19)

IV.             Imigisha n’imivumo (27:1-30:20)

V.                Itegurwa ry’usimbura no kubisomer abantu (31:1-34:5)

Ijambo “kumvira” rigaragara inshuro 10 naho “urukundo” rigaragara inshuro 22 impamvu nyamukuru yo kumvira n’ukuyereka ko uyikunda (6:4,5) atari ugutinya ibihano cyangwa gushaka ibihembo. Nk’uko Yesu yavuze ati “ni munkunda muzitondera amategeko yanjye” (Yohana 14:15)

Ibice byingenzi.

1)      Kongera kwibutswa amategeko icumi (5:1-21) hari itandukaniro hagati ya 5:15 no kuva 20:11 hose havuga kubaha Isabato. Mu kuva havuga impamvu mu minsi yose Isabato ari ngombwa, mu gihe mu gutegekwa havuga impamvu Isiraeli ariyo ikwiye gukomeza Isabato.

2)      Ibanze ryo kwizera (6:4-9) mbere ya byose Isiraeli igomba kumenya Imana iyariyo. Ntibakwiye kuramya ibigirwa mana, keretse Imana imwe y’ukuri kandi bagahererekana uko kwizera kubaza bakomokaho, n’ahandi hose hashoboka.

3)      Isezerano ry’umuhanuzi uzaza (18:18-22) Imana yakomeza kubaha abayobozi bo mu mwuka, nyuma ya Mose haje Yosuwa. Hagombaga kuba abayobozi batandukanye mu myaka yari kuzaza, iri sezerano ryari gusohozwa no kuvuka kwa Yesu.

4)      Imigisha n’Imivumo (28:1-68) kwitondera amategeko kw’abisiraeli kwari kubaha gukomera n’ubutunzi, ariko kuyigomera byari kuzana, indwara, ubukene, ububata, ikimwaro ku Gihugu cyabo, aha tubona Isiraeli yaragiye ibona imivumo cyane kuruta imgisha.

 

"Ministering to the pastors of Africa"